Intambwe Zo Kurwanya Imihangayiko

Intambwe Zo Kurwanya Imihangayiko

Ntabwo twese duhangayika rimwe na rimwe? Guhangayika ni igice gisanzwe mu buzima bwacu bwa buri munsi kandi benshi bafite uburyo bwabo bwo guhangana n’ihungabana. Bimwe muri byo harimo nko gutaka, gukubita inkuta, gukubita abantu cyangwa kurwana gusa. Ariko, ubu ntabwo aribwo buryo bwiza bwo guhangana nibi, guhangayika ni amayeri ubwenge bwawe burimo kugukinisha mbere yuko ikintu cyose kibaho. Nta mpamvu yo guhangayika bikomeye, ahubwo icyo dushobora gukora ni ukwiyigisha uburyo bwo guhangana cyangwa gucunga ibibazo no kubaho ubuzima bwiza. Kugira ngo wirinde guhangayika cyane, hepfo hari inama nke z’uburyo bwo guhangana n’ihungabana.

Jya uhora ususurutse

Imihangayiko myinshi imara igihe gito, komeza imyifatire yawe myiza amaherezo ibibazo n’imihangayiko bizarangira. Ndabizi ko bitakumvikana muriki gihe ariko guhangayika birashira iyo ubonye ikibazo ukagerageza kugikemura. Iki nicyo gihe ugomba kwiganiriza, ukivugisha wisubiza imbaraga kandi wiha ibyiyumviro byiza waba uvuga cyane cyangwa ubitekereza mu mutwe, kugirango ukore neza.Ushobora kuvuga uti”Nshobora gukora neza”, “Ndi umunyabwenge” cyangwa “byose bizagenda neza.” Ibyo bizatuma utuza no kwikuramo cyangwa kugabanya imihangayiko.

Igihe cyose uhangayitse ugomba kumenya ko hari ibintu ugomba kwakira kuko utabifitiye igisubizo cyangwa udashobora kubigenzura.

Imyitozo ngororangingo

Gukora imyitozo ngororamubiri cyane bishobora kugabanya imihangayiko kuko biruhura ubwonko, bituma utitekerezaho cyane,bihindura imitekerereze yawe kandi bikaguha kumva ko hari icyo wagezeho. Imyitozo ngororamubiri buri gihe ishobora kurwanya no kugabanya imisemburo yo guhangayika.

Kubantu bamwe, gukora imyitozo ngororamubiri nicyo kintu cya nyuma mu mitekerereze yabo, ariko ushobora kubona inyungu zimwe n’ubwo wakora imyitozo mike.

Gusinzira

Mugihe urwanya guhangayika cyangwa ikindi kintu icyo aricyo cyose nko guhangayika, umubiri wawe uzakenera ibitotsi byuzuye by’amasaha 8 no kuruhuka bihagije. Iyo ubonye ibitotsi bihagije, bishobora kugufasha gutekereza neza, kunezerwa ako kanya kandi ugashobora gukemura neza ibibazo bitandukanye. Ugomba kumenya neza ko gahunda yawe yo kuryama ituma usinzira neza. Umubiri wawe ukeneye kandi igihe cyo gukemura neza ibintu bitesha umutwe.

Inkunga mbonezamubano

Shyikirana n’abantu bakwitayeho. Menyesha cyangwa uvugane n’umuntu mukuru wizeye kandi uzi ko azakubera, nk’umubyeyi, umujyanama cyangwa umwe mu bagize umuryango. Ntiwibagirwe kuvugana n’inshuti zawe kugirango ubone inkunga yabo.

Indyo

Kurya indyo yuzuye bizagufasha kumererwa neza. Irinde kunywa inzoga n’ibiyobyabwenge, bishobora gutuma wumva umerewe neza. Ariko, wibuke ko ari iby’igihe gito gusa kandi nibimara kugushiramo uzongere umererwe nabi cyangwa bibe bibi kurushaho.

Wige kuvuga oya ku bintu cyangwa abantu bakongerera imihangayiko cyangwa batuma ibihe urimo biba bibi kurushaho.

Shakisha ubufasha bw’umwuga

Niba wumva ko izi nama karemano zitagufasha, ugomba kwivuza k’umuganga wabitojwe (psychologue) ufite uburambe bwo kuganira n’abantu bafite ibibazo binyuranye. Ibi bizagufasha guhangana n’ibibazo byose uhangayikiye.

Andika

Ntabwo kwandika gusa bihagije ahubwo bifasha kugabanya imihangayiko. Kwandika bishobora kuvura kandi bifasha abantu guhangana n’ibintu badashobora kubwira abandi bantu. Iyo umuntu yanditse kubyerekeye ikintu kimubangamiye bimufasha gukemura ibibazo vuba no kubikemura mu buryo bwiza ndetse no mu gihe kizaza.

Ushobora kwandika:

– Niki cyaguteye guhangayika?

– Ukuntu wumvaga umeze?

– Wabyitwayemo ute?

– Ibyo wakoze kugirango wumve umerewe neza cyane?

Akamaro ko gucunga ibibazo

Niba ubaho ubuzima bwawe bwa buri munsi ufite ibibazo byinshi, uba ushyira ubuzima bwawe mu kaga. Guhangayika bitera akajagari mu bwonko bwawe, amarangamutima ndetse n’umubiri wawe. Ntushobora kwishimira ubuzima bwawe, gukora neza cyangwa no gutekereza neza mu gihe uhangayitse.

Intego mu buzima ni ukugira ubuzima bushimishije, ariko nanone nturengere. Ni wowe uyoboye ubuzima bwawe cyane kurenza uko ushobora kubitekereza. Ni ngombwa cyane kumenya icyakubera cyiza kandi ukagikora. Nubwo guhangayika byaza mu buzima bwawe bwite hamwe no mu kazi kawe, ugomba kumenya ko ari igihe gito kandi bizashira. Hariho inzira zoroshye zo kugabanya ibyo bitekerezo. Imyitozo ngororamubiri, umva umuziki kandi uruhuke. Bizatuma uhuga maze bikurinde gutekereza ku bintu byose biguhangayikishije kandi biguteze imbere muri rusange.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Ba uwambere gutanga ibitekerezo.